FREQUENT ASKED QUESTIONS

...feel free to ask your question here!

ON THIS PAGE

MEDICAL DISCLAIMER
Ibiri kuri uru rubuga bigenewe kwigisha gusa, ntibisimbura inama za muganga. Niba ukeneye ubufasha, banza ugishe inama muganga.

Elämä Rwanda ni iki ?

Elämä Rwanda ni urubuga rugufasha kubona amakuru yerekeranye n'ubuzima, indwara ndetse n'ibindi bibazo by'ubuzima mu rurimi rw'Ikinyarwanda.
Impamvu nyamukuru yatumye hashyirwaho uru rubuga nuko usanga bigoranye kubona amakuru cyangwa ibisobanuro by'ibibazo bimwe na bimwe byerekeranye n'ubuzima mu rurimi rw'Ikinyarwanda, bikabera imbogamizi abantu bamwe na bamwe batamenyereye gukoresha indimi z'amahanaga.

None se ibishyirwa kuri Elämä Rwanda bikurwa he ?

Ibintu byose dushyira kuri uru rubuga tugerageza kubikura ahantu hakwiriye kandi hizewe, kandi tubanza kubisuzuma tubyitondeye kugira ngo twirinde amakosa. Nkuko intego yacu ibivuga, twifuza ko byakorohera buri wese kubona amakuru y'ubuzima bwe cyangwa kubenya aho yabariza ibibazo byerekeranye n'ubuzima bwe, kandi mu rurimi yumva neza.

Nanone nawe ushobora kwisuzumira aho twakuye amakuru cyangwa ibisobanuro (REFERENCES) kugira ngo urebe ko hatabayemo gutandukira mu makuru cyangwa ibisobanuro byatanzwe, ndetse ukaba wanadufasha gukosora igihe usanze wenda hari ikosa ririmo kubera ko byagirira benshi akamaro.

Intego y'urubuga `Elämä Rwanda` ni iyihe ?

Intego yacu iroroshye cyane:
Intego yacu ni ugutanga ubumenyi ku bijyanye n’umubiri w'umuntu, indwara zifata umuntu n'ibibazo by’ubuzima, uburyo bwizewe bwo kwiyitaho, imirire myiza ikwiriye, n’ingamba zafasha mu kubungabunga no guteza imbere ubuzima bwiza.

Byose mu rurimi rw'Ikinyarwanda.

Urubuga `Elämä Rwanda` rugenzurwa na nde ?

Elämä Rwanda ni urubuga rwigenga, rwashinzwe kandi runagenzurwa n'umuntu ku giti cye wize kandi anakora akazi k'ubuforomo mu Rwanda.

Gusa hari abandi (abaganga, abaforomo, ababyaza n'abandi) bashobora kwandika amakuru y'ubuzima kuri uru rubuga. Icyakora bagomba kuba bafite aho bahurira n'ibintu by'ubuzima bw'umuntu cyangwa ari bakora/barakoze kwa muganga cyangwa muby'ubuzima...

None se mwamfasha kubona imiti y'uburwayi bwanjye ?

Oya pe! Intego yacu nyamukuru ni ugufasha abantu kubona amakuru yerekeranye n'ubuzima cyangwa umubiri w'umuntu mu rurimi babyumva kandi bakabisobanukirwa neza.

  • Ntidutanga ubuvuzi ubwo ari bwo bwose kuri uru rubuga.
  • Ntidutanga inama y'uburyo wakwivuzamo cyangwa wamafatamo umwanzuro mu birebana no kwivuza.
  • Ntidushyigikira cyangwa ngo tuvuguruze uburyo runaka bwo kwivuza. Uwo ni umwanzuro w'umuntu ku giti cye.
  • Inama, amakuru cyangwa ibisobanuro bishyirwa kuri uru rubuga ntibivuguruza cyangwa ngo bikureho inama, imiti cyangwa uburyo bwo kuvurwa wahawe na muganga.

Ese amakuru yo kuri Elämä Rwanda asimbura inama cyangwa ubuvuzi bwo kwa muganga?

Oya. Inama n'amakuru byo ku rubuga rwa Elämä Rwanda bigamije gusa kwigisha no gufasha abantu gusobanukirwa ibibazo by'ubuzima. Umuntu ufite ikibazo cyihariye agomba kugisha inama muganga cyangwa inzobere mbere yo gufata umwanzuro ku buzima bwe cyangwa kugira ikindi kintu cyangwa uburyo ubwo aribwo bwose bwo kwivuza.

ESE HARI
IKIBAZO UFITE? →
Tuvugishe